English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Uko washimisha uwawe ku munsi w’abakundana ‘Valentine day’ bitagusize hanze.

Umunsi w’abakundana ni umwanya mwiza wo kugaragaza urukundo ku muntu ukunda, ariko ntabwo bisaba amafaranga menshi. Mu gihe benshi batangira gushaka uburyo bwo gukora ibintu bihenze, hari uburyo butandukanye ushobora gukoresha ngo wereke umukunzi wawe ko umukunda.

1. Gutekera umukunzi wawe: Birashimishije cyane guha umukunzi wawe ifunguro wateguye wowe ubwawe, kandi ni ikintu gishimisha cyane.

2. Gukora ibyo umukunzi wawe akunda mu rugo: Uramutse umaze iminsi ubugiye gukora isuku cyangwa indi mirimo, hari icyo ushobora gukora ku munsi w’abakundana kugira ngo umwereke ko wita ku byo akunda.

3. Kumwandikira indirimbo cyangwa umuvugo: N'ubwo utaba umuhanga, indirimbo cyangwa umuvugo bisobanuye byinshi ku rukundo rwanyu.

4. Kwifashisha inshuti n’umuryango: Inshuti n’umuryango bashyigikira urukundo rwanyu, bikaba ari uburyo bwiza bwo kumushimisha.

5. Kwikorera Valentine Card: Gukora ikarita yihariye yanditsemo amagambo meza y’urukundo ni uburyo bwiza bwo kubigaragaza.

Ibi byose birashimisha kandi bitagusige mu bukene, ukaba wakorera umukunzi wawe ibintu bitandukanye utarinze gukoresha amafaranga menshi.



Izindi nkuru wasoma

Tariki ya 16 Mata 1994: Umunsi w’amarira n’umubabaro mu mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi

Tariki 13 Mata 1994: Umunsi w’ubwicanyi ndenga kamere utazibagirana mu mateka y’u Rwanda

Ibyaranze Taliki ya 10 Mata 1994: Umunsi w’amaraso mu rugendo rwo kurimbura Abatutsi

Amakipe arwanira igikombe cya Shampiyona arisobanura ku munsi wa 22, Uko imikino izakinywa

APR FC irakina na Gasogi United mu mukino ubanziriza iy’umunsi wa 21, Icyo imibare yerekana



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-12 12:35:00 CAT
Yasuwe: 147


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Uko-washimisha-uwawe-ku-munsi-wabakundana-Valentine-day-bitagusize-hanze.php