Serivisi z’ubuvuzi mu Bitaro bya Gisenyi ziranengwa, Menya impamvu
Bamwe mu baturage bivuriza mu Bitaro bya Gisenyi mu Karere ka Rubavu bagaragaje ko bagihura n’imbogamizi zitandukanye mu kubona serivisi z’ubuvuzi, zirimo gutinda kuvurwa bitewe n’umubare muto w’abaganga.
Ibi byagarutsweho mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wo Kwita ku Barwayi wabereye muri aka karere, aho abarwayi bagaragaje ko nubwo abaganga bakora uko bashoboye, umubare wabo ukiri muto, bigatuma hari abatinda kwakirwa.
Abaturage barataka gutinda kuvurwa
Gatanazi, umwe mu bivuriza muri ibi bitaro, yagize ati: “Abaganga bakora uko bashoboye bakatuvura, ariko baracyari bacye. Turasaba ko babongerwa kuko serivisi iratinda, bikaba byatuma hari n’abataha batavuwe.”
Ubuyobozi bw’Ibitaro bwemera iki kibazo
Umuyobozi w’Ibitaro bya Gisenyi, CSP Dr. Tuganeyezu Oretse, yemeje ko umubare w’abaganga udahagije ugereranyije n’abarwayi bakenera serivisi.
Yagize ati: “Umubare w’abakozi dufite koko ntabwo ujyanye n’umubare w’abarwayi bagana Ibitaro.”
Gusa yizeza ko iki kibazo kigiye gukemuka, ati: “Turashima intambwe imaze guterwa mu gushyira abakozi mu myanya, kuko kugeza ubu umubare w’abakozi Ibitaro byari byemerewe tumaze kuwugeraho ndetse hari naho dusanga turengejeho bacye.”
Hakenewe ibitaro binini n’ibikoresho bishya
Umuyobozi w’Agateganyo w’Ishami ry’Ubuzima mu Karere ka Rubavu, Mvejuru Simon Pierre, yavuze ko ikibazo cy’ubuto bw’ibitaro na cyo kiri mu bikomeje kwigwaho kugira ngo kibonerwe umuti.
Yagize ati: “Kubaka ibitaro biba bisaba inyubako n’ibikoresho biteye imbere, rero bisaba ko tubona abatekinisiye babasha kureba neza ahajya izo nyubako. Ubu rero aka kanya sinakubwira igihe.”
Yakomeje avuga ko hakomeje gukorwa ubuvugizi mu nzego zibishinzwe, zirimo Minisiteri y’Ubuzima n’iy’Imari n’Igenamigambi, kugira ngo haboneke ubushobozi bwo kongera ubushobozi bw’ibitaro.
Ni icyifuzo cyakiriwe neza n’abaturage, bemeza ko kongerera ubushobozi ibitaro bizagabanya igihe bamara bategereje kuvurwa, bikanazamura ireme ry’ubuvuzi muri aka gace.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show