Rusororo: Abagabo babiri bafatiwe kuri moto batwaye ibilo 31 by’urumogi
Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (Anti-Narcotics Unit – ANU) rikorera mu Mujyi wa Kigali ryataye muri yombi abagabo babiri bakekwaho gucuruza no gutunda urumogi, bakaba bafatanywe ibiro 31 byarwo.
Bafashwe ku wa Gatandatu, tariki ya 9 Kanama 2025, mu Murenge wa Rusororo, Akagari ka Kabuga ya 2, Umudugudu wa Bwiza. Abashinzwe umutekano babasanze bafite amapaki y’urumogi bari bapfunyitse neza, bikekwa ko bari barujyanye kurugurisha mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali.
Polisi ivuga ko ibyo ari ibikorwa byo gukumira ikwirakwizwa ry’ibiyobyabwenge no kurengera ubuzima bw’abaturage, ikanashimira abaturage batanga amakuru ku gihe. Abafashwe bashyikirijwe urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo hakorwe iperereza ryimbitse.
Ibiyobyabwenge nk’urumogi biri mu bintu bitemewe mu Rwanda, kandi ubifatanwe ahanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka 20 kugeza ku gifungo cya burundu, ndetse n’ihazabu y’amafaranga menshi bitewe n’ingano yafatanywe.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show