English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Nyuma y’iminsi mike Bwiza na The Ben basohoye indirimbo yitwa ‘Best Friend’ yasibwe kuri You Tube.

Kuri uyu wa Kane tariki ya 28 Ugushyingo 2024 ni bwo abashakaga indirimo y’umuhanzi Bwiza na The Ben banyuze kuri You Tube bayibuze bikabatera kwibaza byinshi baburiye igisubizo.

Best Friend yatangiye gukundwa kuva umunsi ijya hanze aho mu minsi itandatu gusa yari yujuje abayireba barenga miliyoni kuri You Tube.

Kugeza ubwo twatunganyaga iyi nkuru muri aba bombi bari bataragira icyo bavuga kuri iri sibwa ry’iyi ndirimbo gusa amakuru ari gukomeza gucaracara ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye ariko utahamya ko ariyo avuga ko aba bombi bashobora kuba barashishuye ibihangano by’abandi bigatuma iyi ndirimbo ikurwa kuri You Tube.

Uyu muhanzi kazi asazwe afashwa n’inzu ifasha abahanzi ya KIKAC, yayigezemo muri Nyakanga 2021 atsinze irushanwa rya The Next Diva Indi Mbuto competition season I 202.

Uyu Bwiza Emmerence asazwe ari umuhanzi ukomeye doreko yagaragaye mu ndirimbo nyinshi zirimo Ready, Monitor, Soja n’izindi nyinshi zitandukanye, bitewe n’imyambarire ijwi ryiza bituma uyu muhanzi agira igikundiro kubamukurikirana.



Izindi nkuru wasoma

Icyakurikiyeho nyuma yuko umugore atawe muri yombi azira gukata igitsina cy’umugabo we.

Drones za FARDC zaroshye ibisasu kuri Twirwaneho: Ese Col Makanika yaba yasimbutse uru rupfu?

Uganda: Abantu Umunani basezerewe nyuma yo gukira Ebola, abandi amagana bari mu kato.

Rukoma: Polisi yamennye inzoga z’inkorano mu ruhame nyuma y’umukwabu ukomeye.

Huye: Umunyeshuri ushinjwa gusambanya mugenzi we aratabaza asaba gukurikiranwa adafunzwe.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-11-28 22:17:44 CAT
Yasuwe: 121


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Nyuma-yiminsi-mike-Bwiza-na-The-Ben-basohoye-indirimbo-yitwa-Best-Friend-yasibwe-kuri-You-Tube.php