English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Nyuma y’iminsi mike Bwiza na The Ben basohoye indirimbo yitwa ‘Best Friend’ yasibwe kuri You Tube.

Kuri uyu wa Kane tariki ya 28 Ugushyingo 2024 ni bwo abashakaga indirimo y’umuhanzi Bwiza na The Ben banyuze kuri You Tube bayibuze bikabatera kwibaza byinshi baburiye igisubizo.

Best Friend yatangiye gukundwa kuva umunsi ijya hanze aho mu minsi itandatu gusa yari yujuje abayireba barenga miliyoni kuri You Tube.

Kugeza ubwo twatunganyaga iyi nkuru muri aba bombi bari bataragira icyo bavuga kuri iri sibwa ry’iyi ndirimbo gusa amakuru ari gukomeza gucaracara ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye ariko utahamya ko ariyo avuga ko aba bombi bashobora kuba barashishuye ibihangano by’abandi bigatuma iyi ndirimbo ikurwa kuri You Tube.

Uyu muhanzi kazi asazwe afashwa n’inzu ifasha abahanzi ya KIKAC, yayigezemo muri Nyakanga 2021 atsinze irushanwa rya The Next Diva Indi Mbuto competition season I 202.

Uyu Bwiza Emmerence asazwe ari umuhanzi ukomeye doreko yagaragaye mu ndirimbo nyinshi zirimo Ready, Monitor, Soja n’izindi nyinshi zitandukanye, bitewe n’imyambarire ijwi ryiza bituma uyu muhanzi agira igikundiro kubamukurikirana.



Izindi nkuru wasoma

Sinigeze nsaba Imana kuba umuhanzi - Chryso ugiye kongera gutaramira imbaga kuri Pasika

Umufana wa Nasarawa United yakatiwe nyuma yo kujomba icyuma umukinnyi wa Plateau United FC

Mu gihe hadakurikijwe itegeko ntago twiteguye gukinira Igikombe cy’Amahoro – Rayon Sports

Ambasaderi Karamba yakiriye Umugaba Mukuru wa Djibouti: Ibyihishe inyuma y’uru ruzinduko

Mpaga cyangwa impuhwe? FERWAFA mu gihirahiro nyuma y’umwijima wateje impagarara i Huye



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-11-28 22:17:44 CAT
Yasuwe: 202


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Nyuma-yiminsi-mike-Bwiza-na-The-Ben-basohoye-indirimbo-yitwa-Best-Friend-yasibwe-kuri-You-Tube.php