English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Menya icyo Barack Obama yavuze kuri  Kendrick Lamar wamenyekanye mu jyana ya  Hip Hop.

Uwahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Barack Obama, uzwiho gukunda cyane Hip Hop, yagize icyo avuga ku batangaza ko Kendrick Lamar yatsindiye ikamba rya Hip hop nyuma yo gukubita ahababaza Drake, na J. Cole binyuze mu ndirimbo.

Obama yavuze kuri iri hanagana ryiswe Big Three mu kiganiro yagiranye na VicBlends muri DeepCut podcast ari naho dukesha inkuru yacu, ubwo yari mu bikorwa byo kwamamaza umukandida ku mwanya wa Perezida, Kamala Harris.

Abajijwe niba Kendrick yarafashe ikamba nk’umwami wa rap nyuma yo kugirana amakimbirane na Drake ndetse na J. Cole, yabihakanye agaragaza ko n’ubundi yari asanzwe ari umuhanga.

Yavuze ko Kendrick afite umwanya wihariye, atari kubera ayo makimbirane ndetse no kwigaragaza kwabaye mu mpeshyi ishize, ahubwo ari ukubera impano ye n’ubutumwa atanga mu ndirimbo ze.

Uyu Obama kandi ntiyazuyaje gushima J. Cole, wikuye muri iyo ntambara nyuma yo kwibasira Kendrick mu ndirimbo yise “7 Minute Drill.”

Benshi bakomeza kwemeza ko Kendrick Lamar ari we wungukiye muri iri hangana, kuko byatumye aca uduhigo dutandukanye bitewe n’uko indirimbo ze zagiye zica ibintu ku mbuga zicuruza umuziki.

Imwe mu ndirimbo za Lamar zakunzwe cyane muri iri hangana rye na Drake, ni iyo yise ‘Not Like us’ yakoze uduhigo kuri za Billboard n’ahandi, ndetse kandi uyu muhanzi azanaririmba mu birori bya Super Bowl 2025 aho byemezwa ko yatoranyijwe kubera iri hangana.



Izindi nkuru wasoma

Ibyaranze ubukwe bwa Musengamana Béatha wamenyekanye mu ndirimbo Azabatsinda Kagame.

U Rwanda rwasabye Umuryango w’Abibumbye kugira icyo uvuga ku bacancuro barenga 280.

Icyakurikiyeho nyuma yuko umugore atawe muri yombi azira gukata igitsina cy’umugabo we.

Drones za FARDC zaroshye ibisasu kuri Twirwaneho: Ese Col Makanika yaba yasimbutse uru rupfu?

Huye: Umunyeshuri ushinjwa gusambanya mugenzi we aratabaza asaba gukurikiranwa adafunzwe.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-11-02 12:28:51 CAT
Yasuwe: 164


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Menya-icyo-Barack-Obama-yavuze-kuri--Kendrick-Lamar-wamenyekanye-mu-jyana-ya--Hip-Hop.php