English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.
Israel Mbonyi agiye gutaramira abakunzi be


Ijambonews. 2020-06-15 10:43:51

Umuhanzi ukora indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana Israel Mbonyi agiye gutaramira abakunzi be hifashishijwe ikoranabuhanga.

Muri ibi bihe Ikoranabuhanga ryagiye ryifashishwa n’abahanzi batandukanye bakora ibitaramo biciye ku mbuga nkoranyambaga nka YouTube, Instagram, na Facebook.

Abanyarwanda ubu bamaze kumenyera ibi bitaramo kuko aribwo buryo ubu buhari bitewe n’ingamba zashyizweho na Leta mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry'icyorezo cya Covi-19.

Mu babanje mu Rwanda harimo, Tom Close, The Ben, Tuff Gangs, Igor Mabano n’abandi. Ubu utahiwe ni Israel Mbonyi ukunzwe mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana.

Israel Mbonyi biteganyijwe ko igitaramo cye kizaba taliki ya 20 Kamena 2020 kibere kuri shene ya You tube yitwa MK1 guhera ku isaha ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.

 

Yanditswe na Vainqueur Mahoro



Izindi nkuru wasoma

Ikigiye gukorwa nyuma yuko Jennifer Lopez atandukanye na Ben Affleck: Ese agiye kongera gukunda?

Israel yasohoye itangazo rishobora guteza intambara nshya, nyuma y’igitero cyahitanye abantu 330

Nyiri kigo Billion Traders FX Akaliza Sophie agiye gufungwa imyaka itanu, Menya impamvu

Perezida Museveni yagize icyo avuga ku makuru yavugaga ko hari Ingabo ze zagiye kurwanya M23.

Byiringiro Lague yemereye abakunzi ba Rayon Sports ikintu gikomeye.



Author: Ijambonews Published: 2020-06-15 10:43:51 CAT
Yasuwe: 882


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
Israel-Mbonyi-agiye-gutaramira-abakunzi-be.php