English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Abaturage bo mu mujyi wa Khan Younis wo mu majyepfo ya Gaza  basabwe guhunga igitaraganya.

Kuri uyu  1 Ukuboza 2023, Abanyapalestine batangiye kwimukira mu turere two hagati mu mujyi kubera ibitero bya Isiraheli nyuma y’ikiruhuko cyari cyatanzwe cyamaze kurangira.

Ingabo za Israel (IDF) zataye udupapuro mu mujyi wa Khan Younis wo mu majyepfo ya Gaza, Akarere Israel yita “akarere k’imirwano” kandi ibwira abaturage guhita bahunga.

Ni udupapuro twanditswe ho amagambo agira Ati: “Ku baturage ba Al Qarara, Khirbet Khaza'a, Abadan na Bani Suheila. Ugomba guhita uhunga hanyuma ukerekeza mu buhungiro mu gace ka Rafah”.

Mu mirwano  yabaye mbere y’amahoro, Israel yabwiye inshuro nyinshi abatuye mu majyaruguru ya Gaza kwimukira mu majyepfo ya Wadi Gaza kubera umutekano wabo. Umujyi wa Khan Younis uherereye mu majyepfo y’ako gace kaberamo intambara.Umuryango w'abibumbye uragereranya ko byibuze abantu 946.000 bimuwe mu gihugu ubu bari mu majyepfo ya Gaza.

Ni nyuma y’iminsi Israel imaze ivuga ko agahenge kari kamaze iminsi irindwi nikarangira iri bwongere gusubukra ibitero.



Izindi nkuru wasoma

Ibiciro bishya by’Amashanyarazi byahinduye uko abaturage n’Inganda Bizishyura guhera ukwezi guta

Nyamasheke: Abikorera basabwe kuba urufunguzo rw’iterambere binyuze muri Kivu Beach Expo & Open Da

Karongi iri kwiyubaka nk’Umujyi mushya w’Ubukerarugendo n’Ingufu za Gazi- Guverineri Ntibitura

Urubyiruko rwasabwe gukoresha ubumenyi bwarwo mu kugaragaza isura Nziza y’igihugu

Ukuri ku mashusho yasakaye agaragaza umukobwa ari kuribwa n’ifi



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2023-12-01 11:35:50 CAT
Yasuwe: 192


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Abaturage-bo-mu-mujyi-wa-Khan-Younis-wo-mu-majyepfo-ya-Gaza--basabwe-guhunga-igitaraganya.php