English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Urujijo ku cyahitanye umugore utwite wasanzwe yapfiriye mu nzu yari amzemo iminsi 3 gusa

Mu Mudugudu wa Karudandi, Akagari ka Munanira ya II, Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge, haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umugore utwite wasanzwe yapfiriye mu nzu ye, nyuma y’iminsi mike ahageze.

Amakuru y’iki gikorwa cyateye impungenge abatabazi n’abaturanyi yatangiye kumenyekana mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, ahagana saa yine za mu gitondo, tariki ya 22 Gicurasi 2025.

Abaturanyi b’uyu muryango bavuga ko nyakwigendera n’umugabo we bari bamaze iminsi itatu gusa bimukiye muri ako gace. Umurambo w’uwo mugore ngo wasanzwe mu nzu ifunze, bituma abaturage bifashisha inzego z’umutekano kugira ngo bayimenagure binjiremo.

Kayibanda Oscar, umwe mu batuye hafi aho, yabwiye Itangazamakuru ati: “Twabonye inzego z’umutekano zije zimenagura inzu, basangamo umugore yapfuye ari wenyine. Harimo imbabura icanye, bivugwa ko imyuka yayo ishobora kuba ari yo yamuhitanye.”

Bikekwa ko uyu mugore ashobora kuba yahumetse imyuka ihumanya iva ku mbabura yari yasigaye icanye mu cyumba cye, gusa kugeza ubu nta cyemezo cyemeza impamvu nyayo y’urupfu rwe kiratangazwa.

Nyakwigendera yari utwite inda ye ya mbere, ndetse nta mwana bari barabyaranye n’uwo bashakanye.

Umurambo wahise ujyanwa ku Bitaro bya Polisi i Kacyiru kugira ngo ukorerwe isuzuma ryimbitse (autopsie), mu gihe umugabo we yajyanywe n’inzego z’ubugenzacyaha kugira ngo atange ibisobanuro mu rwego rw’iperereza.

Inzego z’umutekano zatangaje ko iperereza rikomeje, kugira ngo hamenyekane icyihishe inyuma y’urupfu rw’uyu mubyeyi.



Izindi nkuru wasoma

Muhanga: Uko Umuyobozi w’Ishuri Afunzwe Iminsi 30 Akekwaho Ibyaha Bishingiye ku Gitsina

Impamvu itunguranye yasubitse irushanwa rya Volleyball ryo Kwibuka habura iminsi 3 ngo ritangire

Yatawe muri yombi nyuma y’urupfu rw’umugore wapfiriye iwe mu buryo butavugwaho rumwe

Skales yahakanye ibyo gutandukana n’umugore we

Perezida Emmanuel Macron yamaganye amakuru yo gukubitwa urushyi n’umugore we



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-05-22 17:57:33 CAT
Yasuwe: 60


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Urujijo-ku-cyahitanye-umugore-utwite-wasanzwe-yapfiriye-mu-nzu-yari-amzemo-iminsi-3-gusa.php