Mu masaha 48 gusa: Abanyarwanda barenga 1,200 bavuye mu mashyamba ya Congo bagaruka iwabo
Mu gihe kitageze ku minsi itatu, u Rwanda rwakiriye Abanyarwanda 1,237 bari bamaze imyaka myinshi mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, benshi muri bo barimo abagore n’abana.
Kuri uyu wa Mbere tariki ya 18 Gicurasi 2025, abandi 796 binjiye mu gihugu banyuze ku mupaka wa Grande Barrière (La Corniche), bakurikira abandi 441 bari bakiriwe ku wa Gatandatu tariki ya 17 Gicurasi.
Aba baturage bavuye muri Congo bagejejwe ku mupaka n’Ishami rya Loni ryita ku Mpunzi (UNHCR), nyuma yo kubanza kuganirizwa no gutegurirwa urugendo rugarura ubuzima bushya mu Gihugu cyabo.
Bamwe muri bo bavuga ko bahungiye muri Congo kuva mu 1994, abandi bakahagera mu 2000 bashakisha imibereho. Gusa bagiye babuzwa gutaha n’umutwe wa FDLR, abandi ntibabashaga kubona ubushobozi bw’urugendo.
Dr Balinda Oscar, Umuvugizi wungirije wa M23, yatangaje ko abanyarwanda bateganyijwe gutaha bavuye muri Congo bagera ku 2,083.
Abakiriwe ku wa Gatandatu bamaze koherezwa mu nkambi ya Kijote, aho bazajya bategurirwa kongera gusubira mu buzima busanzwe binyuze muri gahunda za Leta.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show