English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Burna Boy ntabwo yibye umuziki w’Amerika-Steve Harvey

Umunyamakuru wa televiziyo zikomeye muri Amerika akaba n’umukinnyi wa Filimi Steve Harvey yashimangiye ko abanyamerika n’abatuye mu Burengerazuba bw’Isi bakomeje kuzana amarangamutima bitsa ko ibyamamare by’Afurika byabibye umuziki.

Yagize ati:”Burna Boy n’abandi bahanzi bakomeye muri Afurika ntabwo bibye umuziki w’Amerika ahubwo ni Uburengerazuba cyane cyane muri Amerika bakomeje gukubitwa n’injyana yo muri Afurika.”

Steve yagize ati:”abantu bavuga ko Burna Boy yibye,oya Twibye Burna Boy,Abanyafurika bafite injyana,ukwemera,barakora cyane ahubwo badutera ishema.”

Daily Post iherutse kwandika ko Burna Boy yagiranye ikiganiro na Apple Music umwaka ushize yemeza ko adakora injyana zo muri Afurika ahubwo injyana ayivanga n’izindi zitandukanye zo ku isi harimo InyaJamaica,R&B,Hip Hop y’Abanyamerika n’ibindi.

Burna Boy aherutse kwitabira Grammys yabaye ku ncuro ya 66 ni nawe munyafurika wa  mbere washize mu kiciro cya RAP nubwo yatsinzwe na Lil Durk.

 



Izindi nkuru wasoma

Burna Boy azataramana na Travis Scot

Perezida wa Burkina Faso, Ibrahim Traore yateye utwatsi icyifuzo cya Burna Boy

Umuziki, urukundo n’imibanire: Ibyo Gyakie, Chameleone na Bien Aime bavuze

Ibibazo by'ibikorwaremezo mu kwakira abahanzi: Chris Brown na Burna Boy mu mibereho ya Nairobi.

Ntabwo urugendo rwa Kiyovu Sports i Rubavu rwagenze neza.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-02-25 08:22:53 CAT
Yasuwe: 513


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Burna-Boy-ntabwo-yibye-umuziki-wAmerikaSteve-Harvey.php