English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Nigeria:Umugore yashashwe n’ibise bitunguranye ahita abyarira muri gare

Umugore utavuzwe izina wo muri Nigeria yabyariye muri gare yo mu gace ka Lagos ubwo yafatwaga n’ibise mu buryo butunguranye ndetse ahita abyara.

Akimara gufatwa n’ibise abagore bakorera ubucuruzi aho hantu bahise bamufasha abyara neza kandi bikaba byashimishije benshi kuba yabashije kubyara neza.

Abashinzwe ubutabazi batangaje ko uwo mugore yabyaye umwana w’umuhungu ufite ubuzima bwiza.

Uyu mugore n’umwana we bahise bajyanwa mu bitaro bya Lagos State Emergency Management Agency (LAMESA) kugirango bakurikiranwe n’abaganga.

Umwe mu bakoresha urubuga rwa Facebook witwa Sunday Ogunsola yavuze ko uwo mwana agomba kwitwa ‘Abiona’ izina ry’ururimi rw’ikiyoroba risobanura uwavukiye ku rugendo.



Izindi nkuru wasoma

Imitungo y'Uburusiya iri muri Amerika igiye gukoreshwa mu gusana ibyangiritse muri Ukraine

Indoneziya:Abantu 43 nibo bamaze kumenyekana ko bahitanwe n'imyuzure

Minova:Igisasu bivugwa ko cyatewe na M23 cyahitanye abantu babiri

Dore impamvu ari gutuma internet igenda nabi cyane muri Afurika y'Iburasirazuba?

APR BBC yatsindiwe muri Senegal imbere ya Perezida Kagame ,bamwe babibonye nk'igisebo



Author: Elysee Niyonsenga Published: 2024-02-21 08:11:46 CAT
Yasuwe: 145


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/NigeriaUmugore-yashashwe-nibise-bitunguranye-ahita-abyarira-muri-gare.php