Israel yasohoye itangazo rishobora guteza intambara nshya, nyuma y’igitero cyahitanye abantu 330
Nyuma y’amezi abiri y’agahenge mu mirwano ihanganishije Hamas n’Igisirikare cya Israel (IDF), ibitero by’indege bya Israel kuri Gaza byahitanye abantu barenga 330 nk’uko byemejwe n’inzego z’ubuzima za Palestina.
IDF yatangaje ko ibi bitero byari bigamije gukuraho ibikorwa byiswe iby’iterabwoba bya Hamas. Ibiro bya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, na Minisitiri w’Ingabo, Israel Katz, byatangaje ko ari bo bategetse ko ibyo bitero bigabwa ku wa Kabiri mu gitondo.
Itangazo ryasohowe n’Igisirikare cya Israel rivuga ko iki cyemezo cyafashwe nyuma y’uko Hamas yanze kurekura imfungwa z’Abanya-Israel, inirengagiza ibyifuzo by’intumwa ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Steve Witkoff, hamwe n’abandi bahuza bari mu biganiro.
Mu iryo tangazo, IDF yagize iti: "Guhera ubu, Israel izakomeza kugaba ibitero kuri Hamas hifashishijwe imbaraga zose zishoboka za gisirikare."
Mu mpera z’icyumweru gishize, Ingabo za Israel zari zasabye uruhushya rwo gutangiza ibi bitero, hanyuma guverinoma ikaza kubyemeza, ibishyira mu bikorwa kuri uyu wa Kabiri.
Ambasaderi wa Israel mu Muryango w’Abibumbye (ONU), Danny Danon, yaburiye Hamas, asaba ko irekura imfungwa zose bafashe, avuga ko nibitaba ibyo Israel izakomeza kubafata nk’abanzi bityo bigatuma bahura n’ingaruka zikomeye.
Ku rundi ruhande, Hamas ishinja Israel kwica amasezerano y’agahenge, ivuga ko ibyo bitero bibangamiye imfungwa z’Abanya-Israel zikiri muri Gaza. Hamas yatangaje ko itatangije indi ntambara, ahubwo isaba abahuza ndetse n’Umuryango w’Abibumbye kugira uruhare mu gukemura iki kibazo.
Iki gitero cya Israel gikomeje guteza impagarara, mu gihe amahanga akomeje gukurikiranira hafi ibibera mu Burasirazuba bwo Hagati.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show