English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Impamvu Musenyeri Nshole asaba Leta ya Congo kugirana ibiganiro na M23.

Mu gihe intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje gukaza umurego, Umuyobozi w’Inama Nkuru y’Abepisikopi muri icyo gihugu, Musenyeri Donacien Nshole, arasaba Leta ya Congo kwemera ibiganiro n’umutwe wa M23 niba koko ishaka amahoro arambye.

Ubutumwa bwa Musenyeri Nshole ku mahoro muri Congo

Mu kiganiro yahaye televiziyo ya France 24 ku wa 19 Gashyantare 2025, Musenyeri Nshole, uri i Nairobi muri Kenya, yatangaje ko inama y’Abepisikopi iri kuganira n’impande zitandukanye kugira ngo hashakwe umuti w'ibibazo by'umutekano muke mu Burasirazuba bwa Congo.

Musenyeri Nshole yavuze ko bagiranye ibiganiro n’abayobozi ba M23 kandi banyuzwe n’ibisobanuro bahawe ku mpamvu zatumye bafata intwaro. Yemeza ko kugira ngo amahoro aboneke, ari ngombwa ko Leta yemera kwicarana ku meza y’ibiganiro n’Abanyekongo bose bashaka impinduka, barimo na M23.

Musenyeri Nshole  yagize ati "Njyewe ni nabyo ngenda mvuga aho tuganira hose ko umutwe wa M23 ukwiye kwinjizwa mu biganiro by’amahoro nk’abandi Banyekongo. Ntabwo M23 ari igikoresho cy’u Rwanda mu ntambara, bafite impamvu yumvikana kandi ntabwo twagira amahoro igihe cyose tukibashyira ku ruhande.’’

Akomeza agira ati "Perezida Tshisekedi yavuze ko M23 ari umutwe w’iterabwoba, ariko ibyo ni imvugo ya politiki."

Ku bijyanye n’imvugo ya Perezida Félix Tshisekedi yo kwanga ibiganiro na M23, ayishinja kuba umutwe w’iterabwoba, Musenyeri Nshole yavuze ko ibyo ari ibitekerezo bya politiki, ariko nk’abizera, bemera ko ibintu bishobora guhinduka.

Yagize ati: "Icyo twemera nk’abizera ni uko ibintu bishobora guhinduka, n’ikintu cyitwaga kibi kigahabwa agaciro. Ibyo rero si igisitaza ku mahoro dushaka."

Musenyeri Nshole kandi yagarutse ku mvugo nshya ivuga ko M23 itungwa inkunga na Joseph Kabila, uwahoze ari Perezida wa Congo. Yavuze ko ibi ari impaka za politiki zihindagurika, ariko ko ukuri kuzajya ahagaragara mu biganiro byo gushaka amahoro.

Abanyamadini nk’umusemburo w’amahoro muri Congo

Musenyeri Nshole yemeza ko Perezida Tshisekedi yabemereye kugerageza ubuvugizi bw’abanyamadini kugira ngo intambara ihagarare. Yavuze ko ibiganiro bagiranye n’abayobozi batandukanye, barimo Perezida Kagame, Uhuru Kenyatta, William Ruto na M23, bigaragaza ko impande nyinshi zifuza inzira y’ibiganiro aho gukomeza intambara.

Mu byumweru bibiri biri imbere, Inama Nkuru y’Abepisikopi muri Congo izashyira ahagaragara imyanzuro ishingiye ku biganiro yagiranye n’impande zitandukanye, hagamijwe gushaka umuti urambye ku kibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Congo.

Mu gihe Leta ya Congo ikomeje kwirinda ibiganiro na M23, icyifuzo cy’abayobozi b’amadini ni uko iyo nzira y’amahoro yafatwa nk’ishingiro ry’umuti urambye. Ese Perezida Tshisekedi azumva ubu butumwa bw’abanyamadini? Ibi bizasobanuka mu byumweru biri imbere, igihe imyanzuro y’Inama Nkuru y’Abepisikopi izaba yashyizwe ahagaragara.



Izindi nkuru wasoma

U Rwanda rusaba RDC gushyigikira inzira z’amahoro muri Congo. Ibyo Amb. Ernest yeretse Loni.

Impamvu Musenyeri Nshole asaba Leta ya Congo kugirana ibiganiro na M23.

Huye: Umunyeshuri ushinjwa gusambanya mugenzi we aratabaza asaba gukurikiranwa adafunzwe.

Minisitiri Mugenzi yibukije ababyeyi uruhare rwabo mu gutahura abana babo bari muri Congo.

Rubavu: Ubukene si umurage - Minisitiri Mugenzi asaba abaturage gushora imari mu iterambere.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-20 08:31:04 CAT
Yasuwe: 48


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Impamvu-Musenyeri-Nshole-asaba-Leta-ya-Congo-kugirana-ibiganiro-na-M23.php