Icyo RIB isaba abakomeje kuvuga ku kibazo cya Danny Nanone
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwahamagariye abakoresha imbuga nkoranyambaga n’abanyamakuru kureka gukomeza kuvuga ku mpaka hagati y’umuhanzi Danny Nanone n’umugore bivugwa ko babyaranye, ruvuga ko hakenewe agahenge kuko bafite abana bagomba kurindwa.
Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yabitangaje asubiza ubutumwa bwatanzwe n’umwe mu bakoresha urubuga X ukoresha izina Sir Byukavuba, aho yagereranyije imvugo ‘Baraborabona’ n’umuhanzi Danny Nanone, ndetse anashyiraho amashusho y’umugore bivugwa ko yabyaranye na we.
Dr Murangira yavuze ko impande zombi zagiranye ibiganiro byimbitse hagamijwe kubona igisubizo kirambye ku kibazo cyabo. Yasabye abantu kudakomeza gukurura aya makimbirane binyuze mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga, kuko bishobora kugira ingaruka ku bana babo.
Yagize ati: “Impande zombi zaraganirijwe ku buryo haboneka igisubizo kirambye. Ahubwo twabasaba kubaha agahenge ko kutabahoza muri social media. Bafite abana bato bakeneye kurindwa.”
Iki kibazo kimaze igihe kinini kuko cyatangiye kuvugwa mu itangazamakuru kuva mu 2013, ndetse byanagejejwe mu nkiko. Kugeza ubu, RIB irasaba ko iki kibazo cyakemurwa mu bwumvikane, aho gukomeza guharabikana ku mbuga nkoranyambaga.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show