English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Ibibazo by'ibikorwaremezo mu kwakira abahanzi: Chris Brown na Burna Boy mu mibereho ya Nairobi.

Joy Wachira uyobora kompanyi ya Madfun Group isanzwe itegura ibitaramo muri Kenya, aratangaza ko kubera ibikorwaremezo byo kwakira ibitaramo bikiri bike muri Kenya, Chris Brown bizagorana kugaruka kuhataramira.

Mu kiganiro yahaye Nairobi News, yavuze ko mbere y’uko basaba Burna Boy ko yaza gutaramira muri Kenya tariki ya 01 Werurwe 2025 bari babanje kubaza Chris Brown ariko arabahakanira.

Yavuze ko ikintu cya mbere Chris Brown yababajije, niba bafite uburyo yazamanukira mu mugozi mu gitaramo cye nk’uko asanzwe abigenza mu bitaramo bye, icyo baba barakibuze.

Wachira, yavuze ko rwose Kenya nta bikorwaremezo bafite byo kuba bakakira igitaramo cy’umuhanzi nka Chris Brown. Uyu muhanzi akaba aheruka muri Kenya tariki ya 08 Ukwakira 2016.

Burna Boy yaciye ibya mirenge Abanya-Kenya

Umuhanzi wo muri Nigeria Burana Boy ategerejwe muri Kenya tariki ya 01 Werurwe 2025 aho afite igitaramo kuri Uhuru Gardens, ibitangazamakuru byo muri iki gihugu biremeza ko yatse ibintu byinshi abateguye igitaramo.

Uyu muhanzi yabaciye miliyoni 128 z’amashiringi (1,391,356, 4511.11 Rwf), hatarimo indege bwite ye cyane ko yo itaganirwaho mu masezerano kuko igomba kuba ihari.

Uyu muhanzi kandi yabasabye ko bagomba kumushakira hoteli y’inyenyeri eshanu, ndetse bagashakira amacumbi ikipe ye y’abantu 60.

Ntabwo ari ibyo gusa kandi, kuko hoteli acumbikamo hagomba kuba hari ahantu heza ho kunywera itabi we n’inshuti ze, kandi mu cyumba cya hoteli hagomba kuba hari ibinyobwa bitandukanye n’ibindi nkenerwa.

Bahati yishyizeho tatuwaje y’umugore we

Umuhanzi wo muri Kenya Bahati akomeje guhata urukundo umugore we Diana, aho kuri ubu yamaze kumushushanya ku kaboko ke.

Iyi ni tatuwaje y’izina rye  “Diana B,” ndetse yaje no kumuha impano ya mudasobwa ya Macbook ikorwa n’uruganda rwa Apple.

Ni mu gihe kandi mu minsi yashize ubwo bizihizaga isabukuru y’imyaka 8 babana, yamuhaye miliyoni 8 z’amashiringi ndetse yaje guha sebukwe imodoka nziza cyane.

Tems na Ayra Starr bagiriye ibihe byiza Emirates 

Abahanzikazi bo muri Nigeria Tems na Ayra Starr ni bamwe mu bitabiriye umukino wa Arseanl na Westem Ham wabereye kuri Emirates stadium kuri uyu wa Gatandatu.

Aba bahanzikazi banyujije amashusho n’amafoto kuri Instagram zabo bagaragaza ibihe byiza bagiriye Emerates, ndetse baza guhura na rutahizamu wa Arsenal Bukayo Saka abaha n’umupira akina yambaye wa Nimero 7.

Nyina wa The Notorious B.I.G. yitabye Imana

Voletta Wallace nyina wa w’umuraperi nyakwigendera The Notorious B.I.G., yitabye Imana ku myaka 72.

Ikinyamakuru People kivuga ko uyu mukecuru yitabye Imana azize urupfu rusanzwe aguye iwe i Stroudsburg, muri Pennsylvania muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Christopher George Latore Wallace amazina nyakuri y’umuraperi The Notorious B.I.G. n’andi menshi arimo; Biggie Smalls, Biggie n’ayandi, nawe yitabye Imana tariki 09 Werurwe 1997.



Izindi nkuru wasoma

Ese hari ibyemezo bifatika mu rubanza ruregwamo uwari Gitifu ushinjwa kwakira ruswa 300,000 Frw.

Imibanire y'Igihugu cya Congo n’u Burundi mu Ntambara ya M23: Impungenge n'uruhuri rw’ibibazo.

Ibuka Rwanda yunamiye Safari Christine, wari Perezida wayo mu Buholandi witabye Imana.

Afurika y’Epfo yasohoye itangazo rikakaye nyuma yo kwakira za Kajoriti zayo zikubutse muri DRC.

Ibibazo by'ibikorwaremezo mu kwakira abahanzi: Chris Brown na Burna Boy mu mibereho ya Nairobi.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-24 10:24:44 CAT
Yasuwe: 59


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Ibibazo-byibikorwaremezo-mu-kwakira-abahanzi-Chris-Brown-na-Burna-Boy-mu-mibereho-ya-Nairobi.php