Abanyarwanda baba muri Suède bizihije isabukuru y'imyaka 30 ishize u Rwanda rwibohoye
Abanyarwanda batuye muri Suède n’inshuti zabo, bizihije isabukuru y’imyaka 30 u Rwanda rumaze rwibohoye, banishimira ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite yabaye tariki 14-15 Nyakanga 2024.
Ku mugoroba wa tariki ya 20 Nyakanga 2024, Abanyarwanda batuye n’abakorera muri Suède bagera kuri 150 n’inshuti zabo bahuriye mu biganiro bisobanura aho u Rwanda rwavuye n’aho rugeze, n’amateka y’urugamba rwo kubohora u Rwanda.
Umuyobozi w’Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Suède, Karara Jean Noel yasobanuye ko kwizihiza umunsi wo kwibohora byibutsa Abanyarwanda ko basubijwe uburenganzira mu gihugu cyabo nyuma yo kumara imyaka myinshi mu buhunzi.
Ati “Jenoside twagize igahagarikwa na RPF Inkoranyi irangajwe imbere na Nyakubahwa Paul Kagame, ni ukuri kutapfa kwumvwa na buri wese, ikaba ari yo mpamvu ibyavuye mu matora bifite igisobanuro cyoroshye ku Banyarwanda ariko abigiza nkana n’abadatekereza ku mateka yacu babibona ukundi.”
Kibukayire wagize uruhare mu rugamba rwo kubohora u Rwanda akiri muto, na we yashimiye RPF Inkotanyi na Perezida Kagame, kandi aha icyubahiro ababuze ubuzima barwanirira igihugu.
Ambasaderi Gashumba Diane yashimye Abanyarwanda bo mu bihugu by’u Burayi bw’Amajyaruguru uko bitwaye mu matora, agakorwa mu mutuzo kandi bagatora neza.
Yasobanuye intsinzi ya Perezida Kagame na RPF ishimangira umutekano, uburenganzira bwa buri wese ku byiza by’igihugu, uburinganire, iterambere n’ibindi byiza Perezida Kagame yagejeje ku Rwanda.
Yasabye Abanyarwanda kongera imbaraga mu kugira uruhare muri gahunda z’igihugu no gukomeza kugaragaza isura nziza y’igihugu cyababyaye.
Mu matora ya Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yagize amajwi 99,18% mu gihe Umuryango FPR Inkotanyi wagize amajwi 68.83%.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show