English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Abakomeje kugera intorezo ibitaramo bya  Chris Brown yabakinnye ku mubyimba.

Ku butumwa  bwanditswe n’uyu muhanzi akabunyuza ahatangirwa ibitekerezo ku rukuta rwa Instagram rw’umuryango witwa  ’Women for Change’, avuga ko atari we uzarota ageze muri Afrika akabaha ibyishimo.

Chris Brown kandi yagaragaje ko adatewe ubwoba n’abakomeje kugera intorezo ibitaramo bye mu bice bitandukanye bigize igihugu cya Afurika y’Epfo, n’ubwo imibare y’ababirwanya ikomeje kwiyongera umunsi ku munsi.

Iki gitekerezo  uyu muhanzi yanditse cyasubizaga ubutumwa uyu muryango wari wanditse aho uru rubuga rwashishikarizaga abantu gukomeza kubashyigikira mu guhashya Chris Brown mu nguni zose.

Ubutumwa Chris Brown yanditse bwasamiwe hejuru n’abantu barenga 1,119. Aho batanze ibitekerezo byinshi bishyigikiye uyu muhanzi ndetse bamugaragariza ko bamutegererezanyije amatsiko menshi.

’Women for Change’ ni umuryango uharanira uburenganzira bw’abagore n’abana muri Afurika y’Epfo, watangije igikorwa cyo kwamagana ibitaramo Chris Brown afite muri iki gihugu, aho bavuga ko ibikorwa yakoze byo guhohotera abagore n’abakobwa bitamwemerera kuba yahataramira kuko byaba ari ugutesha agaciro abahohotewe.

Nyuma y’uko uyu muryango utangije igikorwa cyo gushaka imikono y’abantu babari inyuma, kuri ubu abarenga ibihumbi 40 bamaze gusinya ko bashyigikiye iharikwa ry’ibitaramo ndetse imibare iracyagira kwiyongera.

Ku wa 14 na 15 Ukuboza 2024, ni bwo ibitaramo bizagaragaramo uyu muhanzi wihebeye abatari bake bizaba , gusa kugeza ubu amatike yabyo yarashize, aho byatwaye iminsi ibiri gusa kugira ngo amatike ashire ku isoko, bikaba bigaragaza urukundo rwinshi  rw’abakomoka muri iki gihugu bakunda uyu muhanzi.



Izindi nkuru wasoma

Umuraperi 50 Cent akomeje kugera intorezo P.Diddy amuhamya ibyaha by’indenga kamere.

Abakomeje kugera intorezo ibitaramo bya Chris Brown yabakinnye ku mubyimba.

Chris Brown wavuzweho ibikorwa byo guhohotera abakobwa ake kashobotse.

Abaturiye Akarere ka Gatsibo barishimira imirimo yo kwagura Uruganda rw’Umuceri ko iri kugera kum

Menya impamvu y'uruzinduko rusadanzwe Gen Christian Tshiwewe yagiriye i Goma



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-10-17 17:04:01 CAT
Yasuwe: 22


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Abakomeje-kugera-intorezo-ibitaramo-bya--Chris-Brown-yabakinnye-ku-mubyimba.php