English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Abakomeje kugera intorezo ibitaramo bya  Chris Brown yabakinnye ku mubyimba.

Ku butumwa  bwanditswe n’uyu muhanzi akabunyuza ahatangirwa ibitekerezo ku rukuta rwa Instagram rw’umuryango witwa  ’Women for Change’, avuga ko atari we uzarota ageze muri Afrika akabaha ibyishimo.

Chris Brown kandi yagaragaje ko adatewe ubwoba n’abakomeje kugera intorezo ibitaramo bye mu bice bitandukanye bigize igihugu cya Afurika y’Epfo, n’ubwo imibare y’ababirwanya ikomeje kwiyongera umunsi ku munsi.

Iki gitekerezo  uyu muhanzi yanditse cyasubizaga ubutumwa uyu muryango wari wanditse aho uru rubuga rwashishikarizaga abantu gukomeza kubashyigikira mu guhashya Chris Brown mu nguni zose.

Ubutumwa Chris Brown yanditse bwasamiwe hejuru n’abantu barenga 1,119. Aho batanze ibitekerezo byinshi bishyigikiye uyu muhanzi ndetse bamugaragariza ko bamutegererezanyije amatsiko menshi.

’Women for Change’ ni umuryango uharanira uburenganzira bw’abagore n’abana muri Afurika y’Epfo, watangije igikorwa cyo kwamagana ibitaramo Chris Brown afite muri iki gihugu, aho bavuga ko ibikorwa yakoze byo guhohotera abagore n’abakobwa bitamwemerera kuba yahataramira kuko byaba ari ugutesha agaciro abahohotewe.

Nyuma y’uko uyu muryango utangije igikorwa cyo gushaka imikono y’abantu babari inyuma, kuri ubu abarenga ibihumbi 40 bamaze gusinya ko bashyigikiye iharikwa ry’ibitaramo ndetse imibare iracyagira kwiyongera.

Ku wa 14 na 15 Ukuboza 2024, ni bwo ibitaramo bizagaragaramo uyu muhanzi wihebeye abatari bake bizaba , gusa kugeza ubu amatike yabyo yarashize, aho byatwaye iminsi ibiri gusa kugira ngo amatike ashire ku isoko, bikaba bigaragaza urukundo rwinshi  rw’abakomoka muri iki gihugu bakunda uyu muhanzi.



Izindi nkuru wasoma

Icyo RIB isaba abakomeje kuvuga ku kibazo cya Danny Nanone

Nta migambi dufite yo kugera i Kinshasa – Umugaba w’Ingabo za M23, Gen. Sultani Makenga

Ibuka Rwanda yunamiye Safari Christine, wari Perezida wayo mu Buholandi witabye Imana.

Ibibazo by'ibikorwaremezo mu kwakira abahanzi: Chris Brown na Burna Boy mu mibereho ya Nairobi.

Christopher Wray uyobora FBI azegura mbere yuko Perezida Trump atangira kuyobora Amerika.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-10-17 17:04:01 CAT
Yasuwe: 198


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Abakomeje-kugera-intorezo-ibitaramo-bya--Chris-Brown-yabakinnye-ku-mubyimba.php