U Rwanda rurigirwaho kubungabunga urusobe rw'ibinyabuzima n'ibihugu 25.
Umwihariko w'u Rwanda mu kubungabunga urusobe rw'ibinyabuzima n'ibidukikije urigirwaho n'ibihugu birenga 25 biturutse mu bice bitandukanye.
Ubwo hatangizwaga inama mpuzamahanga ya 7 y'iminsi 5, mu Karere ka Musanze yateguwe na UNESCO, ku bufatanye n'imiryango itandukanye ifite aho ihuriye no kubungabunga urusobe rw'ibinyabuzima n'ibidukikije.
Umunyamabanga mukuru wa Komisiyo y'Igihugu ikorana n'Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku burezi,Ubumenyi,Umuco n'Itangazamakuru Albert Mutesa yemeje ko iyi nama ije ari ingirakamaro aho buri gihugu kizagaragaza umwihariko gifite mu kubungabunga urusobe rw'ibinyabuzima ariko uzaba ari n'umwanya w'u Rwanda ku kwigirwaho.
Mutesa yavuze ko bimwe mubyo u Rwanda ruzigirwaho harimo uburyo abaturage bisanze bafite inyungu mu kubungabunga urusobe rw'ibinyabuzima aho kubyangiza.
Yagize ati:"twe turi ku rwego rushimishije kuko dufatanya n'abaturage, hakozwe byinshi na Leta ngo abaturage baturiye ibyanya bibakikije nka Parike y'Ibihunga,Gishwati na Mukura , bari ku isonga mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima kuko inyungu yose ibonetse igera ku 10%, mu bukerarugendo arabagarukira akabagirira akamaro.
RDB yafashe abahoze ari ba rushimusi barigishwa barasobanukirwa ndetse banahabwa n’inshingano zo kurinda inyamaswa bahoze bashimuta nyuma bigishwa n’imyuga izabafasha mubuzima bwabo bwa buri munsi , banigishwa gukora imishinga, ndetse bashyirwa no mu mahuriro abafasha kwiteza imbere habaho gusangira inyungu iturutse mu bukerarugendo."
Akomeza agira ati:"Twatanze urugero , nko mu birunga iyo abaturage babonye ingagi cyangwa Izindi nyamaswa bazisubizayo kuko bazi ko arizo zizana ba Mukerarugendo, gusangira nabo rero inyungu ni ingenzi."
Parike ya Gishwati na Mukura irigirwaho
Mutesa avuga ko Parike ya Gishwati na Mukura zifite umwihariko ukwiye kwigirwaho n'amahanga bagendeye ku buryo byari amwe mu mashyamba ari mu marembera bitewe n'uburyo abaturage bayatemaga ndetse bakanayatwika ariko kuri ubu hakaba ari ahantu habungabunzwe bigera naho hashyirwa mu rwego rwa UNESCO.
Kuri ubu hari imishinga myinshi abaturiye Parike ya Gishwati na Mukura bari gukora ijyanye n'Ubuvumvu by'umwihariko bukorwa n'abagore iterwa inkunga na UNESCO mu rwego rwo kubafasha kwiteza imbere hadahutajwe urusobe rw'ibinyabuzima.
Cyiza Beatrice umuyobozi Mukuru ushinzwe ibidukikije n'imihindagurikire y'ibihe muri Ministeri y'Ibidukikije yemeje ko iyi nama yiga uko umuntu abana n'ibinyabuzima cyangwa ibidukikije ije kubafasha kuzuza inshingano bihaye no kugera ku ntego ya 2030.
Ashima abaturage aho bamaze kumenya ibyiza byo kubungabunga urusobe rw'ibinyabuzima ndetse usanga ubuyobozi icyo bukora ari ukubibutsa gusa.
Agira ati:"amahanga turi kwigira hamwe kubungabunga urusobe rw'ibinyabuzima n' ibidukikije dufatanya kuko si ibyacu gusa tubihuriyeho.
Iyi nama iradufasha kugera ku ntego zacu, nka minisiteri hari byinshi dukora mu kubungabunga ibidukikije no kwisuzuma tugereranyije nuko ibindi bihugu bikora rero biradufasha kugira ubufatanye n’ibyo bihugu.
Ubwo hatangizwaga iyi nama ya 7 hagaragajwe ubushakashatsi bwakozwe n'abanyarwanda mu kubungabunga ibinyabuzima bito ndetse n'ibinini bigamije gutanga amasomo yakwigirwaho.
Cyiza yagize ati:"abaturage bamaze kumenya ko nk'iminyorogoto,udushishi n'utundi tunyamaswa Duto twifashishwa ku gukora ifumbure abaturage barabizi icyo dukora ni ukubibutsa,imbaraga zashizwemo ni izo kwigirwaho."
Parike y'Ibirunga yashyizwe mu byanya bya UNESCO muri 1983 naho Parike ya Gishwati na Mukura bishyirwamo mu Mwaka wa 2021
Iri huriro byari byitezwe ko ryitabirwa n'ibihuhu bigera kuri 34 aho rizamara Iminsi 5 byitezwe ko abahagarariye ibihugu byabo bazasura ibice bitandukanye bifite umwihariko wo kubungabunga ibidukikije n'urusobe rw'ibinyabuzima.
Yanditswe na Yves Iyaremye
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show