Senegal: Hatashwe ahabumbiye amateka ya Jenoside
Ubwo hakorwaga umuhango wo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 kunshuro 29 abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda batuye muri Senegale batashye ahabumbatiye amateka ya jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda
Umuhango wabereye kuri ‘Place du Souvenir Africain’, ahafunguwe ku mugaragaro nkahantu hagenewe kugaragaza amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi (hundred nights’ exhibition), hanasanzwe hari ikimenyetso cyo Kwibuka, hanashyirwa indabo mu rwego rwo guha agaciro n’icyubahiro bikwiye abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Perezida wa IBUKA muri Senegal, Dr Yves Rwogera Munana, yagarutse kumateka n’inzira y’umusaraba Abanyarwanda banyuzemo mu gihe cya Jenoside ubwo amahanga n’imiryango mpuzamahanga irebera.
Yakomeje yihanganisaha imireyango y’abarokotse Jenoside ndetse anashimira cyane RPF Inkotanyi zayihagaritse.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Senegal, Jean Pierre Karabaranga, unashinzwe Ibihugu bya Mali, Gambia, Cabo Verde na Guinea Bissau, yavuze kumateka y’icuraburindi yaranze u Rwanda ndetse ko ibyabaye byatewe na politike mbi yabayobozi hariho kuri icyo gihe jenoside yakorewe Abatutsi
Yakomeje ashima Ingabo zari iza FPR-Inkotanyi, zakoze ibishoboka byose mu mbaraga zabo zigahagarika ubwicanyi bwari bwibasiye Anyarwanda .
Yaboneyeho no gusaba abari baraho kwamagana abahakana bakanapfobya Jenoside n’abagikwirakwiza ingengabitekerezo yayo, kuko aricyo cyiciro abateguye bakanakora Jenoside bagezeho. Ndetse abagize uruhare muri Jenoside bari hirya no hino kimwe n’abayipfobya, bakwiye gukurikiranwa bakabiryozwa. Yasabye Umuryango Mpuzamahanga gukumira ibikorwa byose byaganisha kuri Jenoside, anagaruka ku mwanzuro w’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye mu 2018, yemeje ko itariki ya 7 Mata ya buri mwaka ari umunsi mpuzamahanga wo kuzirikana Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Saliou Sow, Minisitiri ushinzwe guteza imbere Ubureganzira bwa Muntu n’Imiyoborere myiza muri Ministeri y’Ubutabera, yashimye umuhate n’imbaraga u Rwanda rwakoresheje nyuma yo guhagarika Jenoside rukaba rujyeze kwiterambere.
Bamwe mubatanze ubuhamya muri uyu muhango bagarutse kurugendo rw’ubuzima butari bworoshye banyuzemo muri Jenoside .
Abitabiriye umuhango bagejejweho umuvugo wiswe ISHAVU wanditswe na Denyse Muhoza
Yanditswe na Murwanashyaka Sam
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show