English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Rwanda Air yasobanuye impamvu yahagaritse ingendo yagiriraga mu Buhinde

Sosiyeti y'u Rwanda ikora ubwikorezi bwo mu kirere Rwanda Air yagaragaje impamvu muri Werurwe uyu mwaka yahagaritse ingendo yagiriraga i Mumbai mu gihugu cy'u Buhinde.

Rwanda Air yavuzeko yahagaritse ingendo yagiriraga i Mumbai bitewe  nuko u Rwanda rudafite indege nyayo ifite ubushobozi bwo gukora ingendo ziva n'izijya mu Buhinde.

Umuyobozi Mukuru wa Rwanda Air Yvonne Manzi Makolo yatangarije Jeune Afrique ko iyi sosiyeti izasubukura ingendo zijya i Mumbai mu gihe yamaze kubona indege ifite ubwo bushobozi.

Makolo yavuzeko mu busanzwe indege yakoreraga ingendo i Mumbai ari iyo mu bwoko bwa Boeing 737-800 ariko bikaba ngombwa ko mbere yuko ikomeza urugendo ibanza guhagarara i Mombasa muri Kenya bityo bikagira ingaruka ku bagenzi.

Ati"Iki cyerekezo ntabwo cyigeze gihura n'ibyo twitegaga,kubera ko muri uru rugendo twari twashyizemo indege ya Boeing 737-800 yari itarukwiriye, byadusabaga guhagarara i Mombasa ku buryo bitigeze binyura abagenzi habe na rimwe , ku bw'iyo mpamvu rero twahagaritse ingendo kugeza igihe tuzabonera indege urukwiriye."

Kugeza ubu inyigo ku indege ishobora kuzakoreshwa mu gihe ingendo z'urwo rugendo zaba zisubukuwe yatangiye gukorwa.

Indege zo mu bwoko bwa Boeing 737 zatangiye gukemangwa kubera ibibazo bya tekenike zagiye zigaragaraza ndetse bigatera impanuka zikomeye.

Ariko ubusanzwe izi ndege zikaba zizwiho gukora ingendo ndende  harimo izo mu bwoko bwa Boeing 737 Max.

Makolo yavuzeko u Rwanda nta gahunda rufite yo gukoresha izi ndege ndetse ko nizo rwari rwatumuje mu 2018 byabaye ngombwa ko zihagarikwa ahanini bitewe n'impanuka zikomeye indege zo muri ubu bwoko zagiye zikora

Imwe mu ndege yo muri ubu bwoko iheruka gukora impanuka ni iya sosiyeti ya Ethiopian Airlines yabaye mu 2017 ahitana abantu 157.

Rwanda Air yatangiye gukora ingendo ziva n'izijya mu Buhinde guhera mu 2017, muri Werurwe uyu mwaka nibwo iyi sosiyeti yatangajeko yahagaritse ingendo yagiriraga muri icyo gihugu.

 



Izindi nkuru wasoma

Dore impamvu umukozi wa Humana Rights Watch yangiwe kwinjira mu Rwanda

Ingabo z'u Rwanda zirwanira mu Kirere zashimiwe na LONI kubwo umusanzu zikomeje gutanga

Dore impamvu ari gutuma internet igenda nabi cyane muri Afurika y'Iburasirazuba?

Umudepite mu Nteko Inshinga Amategeko y'u Rwanda yafatanwe intwaro

Ese koko u Rwanda rwaba rifite uruhare muri grenades zatewe i Bujumbura?



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-05-08 05:20:23 CAT
Yasuwe: 52


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Rwanda-Air-yasobanuye-impamvu-yahagaritse-ingendo-yagiriraga-mu-Buhinde.php