Ese abantu bose bagomba kugushima? Dore impamvu abantu baguha urwamenyo bakiguca iryera
Mu Isi y’abazima, umuntu avuka yihariye mu miterere no mu migenzereze nubwo hari ibyo ahuza n’abandi, ariko bitewe n’abakuzengurutse ukaba nk’ikibazo cyangwa igisubizo igihe bakubonye.
Twiganirire! Wigeze unyura mu bantu bakaguha urwamenyo bikagutera kwitekerezaho, rimwe na rimwe ukabura impamvu bagusetse, ubona baryana inzara, bikanakubabaza?
Dore zimwe mu mpamvu zituma baguha urwamenyo igihe bakubonye:
1. Utandukanye na bo
Kimwe mu birangaza abantu harimo kuba babona umuntu ugaragaye mu buryo bwihariye. Wenda yambaye imyenda migufi cyane igaragaza ibice by’ibanga kandi badasanzwe babibona, iyo muhuye uvuga ibintu biterekeranye cyangwa bisekeje, cyangwa bakubonamo ubwenge buke bakurije imyaka ufite.
2. Ni abanyantege nke
Buriya guseka umuntu ukunyuzeho kubera uburyo umubona bigaragaza intege nke no kutaba umunyabwenge rimwe na rimwe. Wenda byakumvikana igihe wegereye nyiri ubwite ukamubwira ko ari kwitwara mu buryo butuma asekwa cyangwa ibitagenda neza, ariko kumuseka bikagaragaza ko ibyo bikunaniye, wikirigita ugaseka kuko uwo useka ntamenya icyo akosora ahubwo uramwangiriza.
Umwe mu banditsi b’ibitabo, Kurt Cobain, ni we wagize ati “Baranseka kuko ntandukanye na bo, nanjye nkabaseka kuko bose ari bamwe.”
Ubyange cyangwa ubyemere, ntubereyeho kunezeza abantu kuko ntawushimwa na bose, ahubwo ubereyeho kwishima mu buzima. Nubwo dusabwa kutabangamira abandi, hari igihe abandi bakubangamiye, ntukwiye kubaha urwaho ngo wangirizwe n’ibyo bagukorera.
Gusekwa utazi impamvu rimwe na rimwe birababaza bigatera n’indwara zangiza ubuzima bwo mu mutwe nk’umuhangayiko ukabije, kwiyanga no kwibaza niba usekeje koko, kwibaza niba hari ikibazo ufite ku mubiri n’ibindi ariko se kwikomereza gahunda zawe wishimye bigutwaye iki? Gusa birakomeye kwirengagiza ko bagukwena.
Biba bibi cyane ku bantu bitakarije icyizere cy’ubuzima kuko igihe asekwa yumva hari ibintu bibi bimuriho mu gihe uwamaze kwisobanukirwa atita ku bamureba akikomereza ubuzima.
Tugarutse ku ruhande rw’abaseka abandi, turavuga n’ihohotera: Uburyo umuntu agaragaramo menya ko nta ruhare abigiramo. N’iyo yabigiramo uruhare ni uburenganzira bwe, wenda ni byo byishimo mu buzima bwe. Ni byiza kwishimira imyanzuro y’abandi aho kuyinenga no kwikunda ariko utibagiwe n’abandi.
Nsengimana Donatien |Ijambo.net
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show